Imisozi y’i Masisi muri Kivu ya Ruguru
Umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa M23 aremeza ko nyuma y’imirwano yahereye mu ijoro ryacyeye ubu bafashe centre ya Mushaki agace k’ingenzi ko muri teritwari ya Masisi y’Intara ya Kivu ya Ruguru ya DR Congo.
Ibice bya Mushaki, Karuba, Kirolirwe n’ahandi muri Masisi kuva muri Werurwe (3) uyu mwaka hari hahawe ingabo z’u Burundi ziri mu mutwe w’ingabo z’umuryango w’ibihugu bya Africa y’iburasirazuba (EAC) mu rwego rw’amasezerano y’agahenge yari yagezweho.
Ni nyuma y’uko M23 yari yafahe ibi bice bya Masisi mu ntangiriro z’uyu mwaka mbere yo kubishyikiriza ingabo z’akarere zagombaga kuhagenzura.
Major Willy Ngoma yabwiye BBC Gahuzamiryango ati: “Twabohoye Mushaki kuko abaturage baho, cyane cyane Abatutsi, bari bari mu kaga.”
BBC yagerageje kuvugana n’uruhande rw’ingabo za DR Congo ariko ntibyashobotse kugeza ubu, ntacyo kandi leta ya gisirikare ya Kivu ya Ruguru iratangaza ku ifatwa rya Mushaki.
Willy Ngoma yavuze ko abo barimo kurwana; ingabo za leta zifatanyije n’amatsinda yitwa Wazalendo, babagabyeho ibitero ahitwa Ruvunda na Kabati mu ijoro ryacyeye nabo bakabasubiza inyuma kugeza babasohoye no muri centre ya Mushaki.
Ifatwa rya Mushaki riremezwa kandi n’umwe mu banyamakuru bigenga ukorera muri Kivu ya Ruguru wavuganye na BBC Gahuzamiryango.
Major Ngoma yashinje ingabo birukanye i Mushaki “gutwika inzu, kwica inka nyinshi no kwica abantu muri Mushaki kuko gusa ari Abatutsi”. Uruhande rwa leta ntacyo ruravuga kuri ibi birego. Gusa mbere ingabo za leta zahakanye ko hari abantu zibasira kubera ubwoko bwabo.
Mushaki ni centre iri muri kilometero 36 mu burengerazuba bwa Goma, iri ku muhanda mukuru uhuza Goma na centre ikomeye y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya Rubaya iri mu burengerazuba bwa Mushaki.
Amakuru ava muri ako gace aremeza ko imirwano igikomeje kuri uyu wa kane.
Willy Ngoma abajijwe niba bashaka gukomeza bagana i Goma mu burasirazuba, yagize ati:
“Twebwe ntabwo twashakaga gufata Bunagana, Rutshuru, cyangwa Kiwanja, ni leta ituma tuhafata. Iyo bakoresheje agace runaka baturasaho ibisasu buhumyi n’ahari abaturage, biba ngombwa ko tujya aho barasira ngo ducecekeshe izo mbunda.
“Ntabwo twebwe tuba dushaka gufata ahantu runaka ariko nta hantu tutagera igihe cyose twebwe n’abaturage b’aho turi bari mu kaga, ntaho tutagera ngo dutabare.”
Iyi mirwano yongeye gukaza umurego mu gihe leta ya Kinshasa itegereje ko ingabo z’umuryango w’ibihugu byo muri Africa y’amajyepfo (SADC) zihagera nyuma yuko izo mu muryango w’ibihugu bya Africa y’iburasirazuba (EAC) zo zirimo kuhava.
Leta ya Kinshasa yanenze izi ngabo za EAC ko ntacyo zafashije mu kurwanya M23, igaragaza icyizere mu ngabo za SADC, ari nazo zayifashije kuvana M23 mu mujyi wa Goma ubwo zari zawufashe mu 2012.
Iyi mirwano iraba mu gihe hasigaye ibyumweru bibiri muri DR Congo hakaba amatora ya perezida n’abagize inteko ishinga amategeko. Perezida Felix Tshisekedi yatangaje ko nta matora azaba mu duce tugenzurwa na M23.
Crédit: Lien source


Les commentaires sont fermés.