DR Congo: Alliance Fleuve Congo yatangaje ko intego yabo nkuru ari ukugukuraho ‘byihutirwa’ Perezida Tshisekedi

Insiguro y’isanamu,

Corneille Nangaa mu intagazo yita umutwe wa M23 « ingabo zacu »

Umukuru w’ihuriro rya politike na gisirikare ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa riherutse gushingwa i Nairobi muri Kenya yasohoye itangazo rye rya mbere risinyeho ko aherereye i Rutshuru mu ntara ya Kivu ya Ruguru, risaba rubanda kuryiyungaho bagakuraho “byihutirwa” Perezida Felix Tshisekedi.

Agira ati: “Alliance Fleuve Congo yifatanyije n’abandi bakandida na rubanda rurimo kureba byendagusetsa y’imibare…irimo kwerekanwa nk’ibyavuye mu matora maremare yibwe… hagamijwe guha intsinzi Tshilombo” Tshisekedi.

Muri uku kwezi, ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza Perezida Tshisekedi yavuze ko iri huriro rya Corneille Nangaa rifatanyije n’umutwe wa M23 ari “byendagusetsa y’i Nairobi” yateguwe n’u Rwanda.

Crédit: Lien source

Les commentaires sont fermés.