Intambara bushya muri DR Congo: ‘SADC ije gutera’ – FARDC, ‘Bakoze intare aho batagombaga gukora’ – M23

Insiguro y’isanamu,

Lieutenant General Fall Sikabwe (ibumoso) na Brigadier General Monwabisi Dyakopu ukuriye umutwe w’ingabo za SADC mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa kabiri

Umutwe wa M23 ushobora kuba utaribagirwa abasirikare ba Africa y’Epfo na Tanzania bafashije FARDC kubatsinda no kubavana aho bari barafashe mu 2012, gusa ubu hashize imyaka 10 iby’icyo gihe sibyo by’ubu.

Mu kiganiro gito n’itangazamakuru kuwa kabiri nyuma y’inama n’abakuriye ingabo za Africa y’Epfo, Lieutenant General Fall Sikabwe ukuriye ingabo zirwanira ku butaka za DR Congo yavuze ko ingabo za SADC (Southern African Development Community) zirimo izo muri Africa y’Epfo, Malawi na Tanzania ubu ziteguye kubafasha gutangira urugamba kuri M23.

Uwo munsi hari hashize amasaha macye hatangajwe ibitero by’indege za gisirikare kuri M23 mu gace ka Kitchanga, ejo kuwa gatatu M23 yemeje ko byahitanye abakomanda babiri bayo.

Ibitero by’indege z’ingabo za leta kandi byavuzwe mu karere ka Masisi kuwa gatatu mu duce turimo Karuba muri teritwari ya Masisi.

Crédit: Lien source

Les commentaires sont fermés.