Ahavuye isanamu, Getty Images
Bamwe bapfuye ubwo abateye batwikaga inzu yo kuraramo bari barimo
Abanyeshuri batatu muri batandatu bashimuswe n’abagabye igitero ku ishuri ryo mu burengerazuba bwa Uganda ku itariki ya 16 y’uku kwezi kwa Kamena batorotse, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor kitari icya leta.
Iki kinyamakuru cyo muri Uganda ku wa gatatu cyasubiyemo amagambo y’umuvugizi w’ingabo za Uganda (UPDF), Brigadiye Jenerali Felix Kulayigye, agira ati:
« Ni ukuri, abanyeshuri batatu batorotse inyeshyamba za ADF [Allied Democratic Forces].
« Zari zambutse zijya muri DR Congo, kandi ibi ni ukubera igitutu cyinshi zokejwe n’abasirikare ba UPDF ».
Nta yandi makuru arenzeho yatanze.
Abategetsi bo muri Uganda begetse icyo gitero ku mutwe wa ADF – ufitanye imikoranire n’umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS).
ADF ntabwo iremeza ko ari yo yakoze iki gitero ku ishuri ry’i Mpondwe.
Cyabaye mu ijoro ryo ku wa gatanu ushize ku ishuri ryisumbuye rya Mpondwe Lhubiriha ryo mu karere ka Kasese, cyicirwamo abantu nibura 42.
Mu bishwe harimo abanyeshuri 37, mu bagera kuri 60 bigaga kuri iryo shuri ryo mu mujyi muto wa Mpondwe.
Ababyeyi bataramenya irengero ry’ababo basabye abashinzwe umutekano kongera ibikorwa byo gutabara abataraboneka, nubwo bitazwi niba bakiri bazima, nkuko bitangazwa na Daily Monitor.
Hagati aho, abadepite bo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi basabye ko Uganda ikura ingabo zayo mu butumwa bwo mu mahanga kugira ngo bongerere imbaraga inzego z’umutekano z’imbere mu gihugu.
Batanze urugero rw’icyo gitero cyo mu karere ka Kasese nk’ikigaragaza ko hari umutekano mucye mu gihugu.
Umutwe wa ADF – w’Abanya-Uganda ahanini ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo aharangwa umutekano mucye – washingiwe mu burasirazuba bwa Uganda mu myaka ya 1990.
Wafashe intwaro urwanya Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, umaze imyaka 37 ku butegetsi, ushinja leta ya Uganda gutoteza abayisilamu.
Imibare ya leta igaragaza ko abayisilamu bagize hafi 14% by’abaturage ba Uganda, nubwo inama nkuru y’abayisilamu muri Uganda igereranya ko umubare wabo ugera hafi kuri 35% by’abaturage ba Uganda.
Bamwe mu bayisilamu bo muri Uganda bavuga ko bakorerwa ivangura, harimo nko mu burezi no mu kazi.
Nyuma yuko mu 2001 utsinzwe n’igisirikare cya Uganda, umutwe wa ADF wimukiye mu ntara ya Kivu ya Ruguru muri DR Congo.
Jamil Mukulu, uw’ibanze washinze uwo mutwe, yatawe muri yombi muri Tanzania mu 2015 agezwa muri gereza y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC/CPI).
Inyeshyamba za ADF zimaze imyaka irenga 20 zikorera muri DR Congo.
Musa Seka Baluku, wasimbuye Mukulu, amakuru avuga ko mu 2016 ari bwo bwa mbere yatangaje ko ayobotse umutwe wa Islamic State (IS). Ariko mu kwezi kwa Mata (4) mu 2019 ni bwo bwa mbere IS yemeye ko ikorera muri ako karere.
Nk’umutwe, IS ahanini yaratsinzwe, ariko hari umubare munini w’imitwe y’intagondwa yo mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Afurika ifitanye imikoranire n’umutwe wa IS.
Nyuma y’imyaka yari ishize udakorera ku mugaragaro muri Uganda, umutwe wa ADF wegetsweho ibisasu by’abiyahuzi byaturikirijwe mu murwa mukuru Kampala no mu bindi bice bimwe by’igihugu mu mpera y’umwaka wa 2021.
Crédit: Lien source


Les commentaires sont fermés.