DR Congo – Rwanda: Byifashe bite ku mupaka wa Goma na Rubavu?

Insiguro y’isanamu,

Musa Waseme yicaye ku igare ritwara ibicuruzwa agiye kugurisha hakurya i Goma

  • Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
  • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Rubavu

Muri iki gihe cy’intambara hagati ya leta ya Congo na M23, n’amakimbirane ya politike hagati y’ubutegetsi bw’u Rwanda na DR Congo, ndetse no mu gihe imirwano irimo gusatira umujyi wa Goma uhana imbibi n’uwa Rubavu mu Rwanda, ku mupaka w’iyi mijyi urujya n’uruza rwaragabanutse, ariko ntirwahagaze.

Umupaka munini bita La Corniche n’umuto bita Petite Barrière niyo rugabano rw’iyi mijyi ubusanzwe ifatanye, ni umwe mu mipaka ya mbere y’ubutaka inyuraho abantu benshi cyane muri Africa, ahanini ni urujya n’uruza rushingiye ku bucuruzi.

Mbere y’amakimbirane abantu basaga 50,000 bambukaga uyu mupaka mu byerekezo byombi, ariko ubu bagabanutse “urebye nko ku rugero rwa 60%”, nk’uko umwe mu bayobozi b’abacuruzi bambukiranya uyu mupaka yabimbwiye none kuwa mbere turi kumwe iruhande rwawo.

Bitandukanye n’uko byahoze mbere, uyu munsi mu gitondo kuri iyi mipaka sinahasanze urujya n’uruza nk’uruhamenyerewe. Ku ruhande rwa Congo kubera aya makimbirane ho hashize igihe kinini bafasha ingingo ko umupaka wabo ufungwa saa cyenda z’amanywa.

Crédit: Lien source

Les commentaires sont fermés.